• Setup menu at Appearance » Menus and assign menu to Top Bar Navigation
AMASEZERANO.COM
  • Setup menu at Appearance » Menus and assign menu to Main Navigation
No Result
View All Result
  • Setup menu at Appearance » Menus and assign menu to Main Navigation
No Result
View All Result
AMASEZERANO.COM
No Result
View All Result
Ahabanza IBITARAMO

“Calvary tour” yateguwe n’ umuramyi Danny Mutabazi ubu igiye gukomereza i Nyabihu

amasezeranocom na amasezeranocom
01/02/2018
muri IBITARAMO
0
0
“Calvary tour” yateguwe n’ umuramyi Danny Mutabazi ubu igiye gukomereza i Nyabihu
0
Bayisangije
1k
Bayisuye
1,477

Danny Mutabazi ni umuramyi wamenyekanye mu ndirimbo ze zitandukanye zihimbaza Imana, cyane cyane mu ndirimbo ye yakunzwe na benshi bayumvishe yise “Karuvari”, ubu akaba ari mu gikorwa cyo kuzenguruka urwa Gasabo mu biterane binini by’ivugabutumwa yise Calvary Tour Live Concert.

Iki gikorwa Danny yagitangiye mu mwaka ushize wa 2017, aho yatangiranye no gutaramira ab’I Burasirazuba mu Karere ka Rwamagana, hanyuma yaje kwongera gutamira ab’i Musanze, ahitwa ku Muhoza.

Kuri iyi nshuro umuramyi Danny Mutabazi agiye kwerekeza mu Ntara y’Uburengerazuba mu karere ka Nyabihu mu itorero rya ADEPR ku mudugudu wa Jenda. Iki gitaramo kizaba taliki ya 04 Gashyantare 2018 guhera saa munani z’amanywa.

Mu kiganiro yagiranye na Agakiza.org ku murongo wa telefoni, Danny Mutabazi yadutangarije ko iki gikorwa kizakomeza uko Imana izamufasha ndetse n’aho akomanze ku matorero bakamukingurira bakamwemerera kuhakorera.

Yagize ati: “Intego nyamukuru mfite ni ukuvuga ubutumwa bw’I Karuvari abantu bakihana. Nzabikomeza uko nzashobozwa kose n’aho bazankingurira hose. Ubushobozi ntibumbera imbogamizi cyane kuko mbitegura ku rwego rw’ubushobozi mfite.”


Danny Mutabazi azataramira ab’i Nyabihu

Yakomeje agira ati:

” Hari ubufatanye bwiza n’itangazamakuru ku buryo bitampenda gutangaza no kumenyekanisha igikorwa, ikindi ni uko aho nzakorera mba nateguranye na za korari zaho zikamfasha mu bijyanye n’ibyuma ndangururamajwi, kimwe no kumfasha kuririmba muri rusange. Muri make ni ivugabutumwa ritagamije urwunguko rundi kereka kubona abizera bashya, kuko no kwinjira biba ari ubuntu ”

Danny muri iyi gahunda ya Nyabihu ngo azamanukana n’umuramyi Papy Claver, bakaba bazakirwa na korari Siyoni ndetse na korari umuriri zibarizwa ku mudugudu wa Jenda.


Umuramyi Papy Claver azafatanya na Danny i Nyabihu

Mu buzima busanzwe Danny Mutabazi ni umusore w’igihagararo, ukiri mutoya, yavukiye I Gishali mu Karere ka Rwamagana mu mwaka w’1994 kuri ubu akaba abarizwa mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Gisozi.
Akaba ari umukirisitu w’itorero rya ADEPR Paruwase ya Gasave ku mudugudu wa Kumukenke.

 

Ibiherukaa

Menya umumaro ikigori gifitiye umuntu

Ibikurikira

Ubuhamya bwa Vuguziga Eric wabaye mu buzima bubi cyane, Imana ikamwigisha kubaka

inyigisho

Wiryama isezerano ry’Umwuka Wera ni Iryacu ibihe byose
AMAKURU ANYURANYE

Wiryama isezerano ry’Umwuka Wera ni Iryacu ibihe byose

27/08/2019
Igitaramo SLAVES OF WORSHIP 2019 kigarukanye imbaraga zidasanzwe
IBITARAMO

Igitaramo SLAVES OF WORSHIP 2019 kigarukanye imbaraga zidasanzwe

15/08/2019
Ibikurikira
Ubuhamya bwa Vuguziga Eric wabaye mu buzima bubi cyane, Imana ikamwigisha kubaka

Ubuhamya bwa Vuguziga Eric wabaye mu buzima bubi cyane, Imana ikamwigisha kubaka

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

  • Ibigezweho
  • Ibitekerezo
  • Ibiheruka
Amagambo 10 y’ihumure ku muntu uri mu ngorane

Amagambo 10 y’ihumure ku muntu uri mu ngorane

10/04/2018
UBURYO 11 IMANA IJYA IVUGANIRAMO N’ABANTU : INZOZI/ Past Gatanazi Justin

UBURYO 11 IMANA IJYA IVUGANIRAMO N’ABANTU : INZOZI/ Past Gatanazi Justin

19/06/2018
Promise Bible Center

KWIYANDIKISHA – PBC – Promo.10

17/01/2024
Promise Bible Center

Promotion PBC-0723-P8

16/10/2022
Hosiane kwakira inkuru y’incamugongo byaramugoye (Igice cya 1 cy’ubuhamya bwe)

Igice cya 2 cy’Ubuhamya bw’inzira igoye y’ubuzima bwa UWITONZE Hosiane

13
“IYO UZABA UKOMEYE W, IGISHWA N, ABARIMU BAKOMEYE KANDI IGIHE KIREKIRE “. IGICE CYA 2.(UBUZIMA BWA MOSE)/Ev. Kayiranga Deo

IYO UZABA UKOMEYE WIGISHWA AMASOMO AKOMEYE N, ABARIMU BAKOMEYE KANDI IGIHE KIREKIRE.,/Ev. Kayiranga Deo

7
Hosiane kwakira inkuru y’incamugongo byaramugoye (Igice cya 1 cy’ubuhamya bwe)

Hosiane kwakira inkuru y’incamugongo byaramugoye (Igice cya 1 cy’ubuhamya bwe)

7
“IYO UZABA UKOMEYE W, IGISHWA N, ABARIMU BAKOMEYE KANDI IGIHE KIREKIRE “. IGICE CYA 2.(UBUZIMA BWA MOSE)/Ev. Kayiranga Deo

“IYO UZABA UKOMEYE W, IGISHWA N, ABARIMU BAKOMEYE KANDI IGIHE KIREKIRE “. IGICE CYA 2.(UBUZIMA BWA MOSE)/Ev. Kayiranga Deo

7
Urukundo rw’Imana – Pst Mugiraneza J. Baptiste

Urukundo rw’Imana – Pst Mugiraneza J. Baptiste

05/05/2025
PBC Graduation: Amafoto

PBC Graduation: Amafoto

11/03/2025
Humura Uwiteka aragukunda cyane – Pst Mugiraneza J Baptiste

Yesu ntazakureka – Pst Mugiraneza J. Baptiste

23/01/2025
Witandukanye n’imirimo y’umwijima – Ev. Pacific Faida

Witandukanye n’imirimo y’umwijima – Ev. Pacific Faida

23/01/2025

Dukurikire

  • 1.3k Fans
  • 10 Followers
  • 1 Followers

Soma n'ibi

Urukundo rw’Imana – Pst Mugiraneza J. Baptiste

Urukundo rw’Imana – Pst Mugiraneza J. Baptiste

05/05/2025
PBC Graduation: Amafoto

PBC Graduation: Amafoto

11/03/2025
Humura Uwiteka aragukunda cyane – Pst Mugiraneza J Baptiste

Yesu ntazakureka – Pst Mugiraneza J. Baptiste

23/01/2025
Witandukanye n’imirimo y’umwijima – Ev. Pacific Faida

Witandukanye n’imirimo y’umwijima – Ev. Pacific Faida

23/01/2025

Abo turibo

AMASEZERANO.COM

Amasezerano ni urubuga rwa Gikristo rw'ivugabutumwa. Intego yacu iri mu Abafilipi 1:6

IBIRIMO

Dukurikire kuri Facebook

  • Setup menu at Appearance » Menus and assign menu to Footer Navigation

© 2025 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result

© 2025 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.