HARI URUSENGERO RUFUNGUYE NYARUKIRAYO WISHAKIRE UBWIZA BW UWITEKA / DONNA MMA VANY

HARI URUSENGERO RUFUNGUYE NYARUKIRAYO WISHAKIRE UBWIZA BW UWITEKA

Itorero turi mu gihe gikomeye igihe cyo gutatana , igihe cy ubwigunge , igihe umunyabwenge ubu ari guteranira murusengero rwo mumutima
Tugeze mugihe tubona ko imfatiro ziri gusenyuka tubibona ariko umukiranutsi hari icyo yakora .
Uyu munsi simvuga Yesaya simvuga Yobu simvuga Mose simvuga ba Daniel n abandi bashatse ubwiza bw Imana bikomeye …..

Salom niwe nibandaho uyu munsi amaze kwima Ingoma turabizi ko aho kwihutira gukora ibirori ahubwo yihutiye kujya ku kanunga kwishakira mu maso h Uwiteka . Amaze kubaka no gushyiramo ibikoresho byose nanejejwe n Isengesho Salomo yasenze asengera ab Isilaheli ni nyuma Y iryo Sengesho rero ko Uwiteka yanezerewe maze aruriruka aza kumuganiriza dusome

2Ngom.7:12-15 Hanyuma Uwiteka yiyereka Salomo nijoro aramubwira ati”Numvise gusenga kwawe maze nitoraniriza aha hantu ngo habe inzu yo gutambiramo ibitambo.

Nindamuka nkinze ijuru imvura ntigwe, cyangwa nintegeka inzige ngo zone igihugu, cyangwa ninohereza mugiga mu bantu banjye, MAZE ABANTU BANJYE BITIRIWE IZINA RYANJYE NIBACA BUGUFI BAGASENGA, bagashaka mu maso hanjye bagahindukira bakareka ingeso zabo mbi, nanjye nzumva ndi mu ijuru mbababarire igicumuro cyabo, mbakirize igihugu

*Uhereye none amaso yanjye azajya areba, n’amatwi yanjye azajya yumva guse nga kuzasengerwa aha hantu*

Tumaze gusoma amagambo maremare ariko
Ibyo Imana idusaba ntibigoye, ni uguca bugufi tugasenga.tukinginga tugasaba icyo dukeneye tugashaka mu maso hayo umva uko ijambo ritubwiye ngo

aha hantu hitiriwe izina ry Uwiteka tujya tuhavugira amasengesho menshi

aha hantu tuhahamagarira Imana mugitondo Kumanywa na njoro

aha hantu twahasukiye amarira menshi
aha hantu twahatangiye ibyifuzo byinshi
aha hantu aha hantu…
Ayiiiiii urusengero rw umutima wawe iraruzi

ariko uyu munsi Uwiteka aratubwiye ngo *ni twicisha bugufi tugasenga tugashaka mumaso he nawe azamanuka adukorere bimwe byose muzi

ayiiiiiii ndi gutegura nibajije ibibazo biranyobera nti ese ubundi ntidusenga?

Dusanzwe se tudashaka mumaso y Imana ?

Ntiduca bugufi se ?

umva muri iyi minsi buri muntu asohoke mubandi yirebe we wenyine uko abanye nayo muri iyi minsi niba guca bugufi gushaka mu maso h Imana n amasengesho yawe wumva bihagije wabishingisha urubanza imbere yayo .ushimire Imana
kandi mbabwire ko aho twaba turi hose twasenga singombwa gutegereza umunsi bazafungurira insengero cg tuzagiraho mubutayu cg mucyumba
Wasenga ugenda ugafunga cg ugafungura byinshi

iki ni igihe insengero zo mumutima wacu tugomba kuziha agaciro.

wasenga uri mukazi kubari kukajyamo ugafunga cg ugafungura byinshi

wasenga wariye ugafunga cg ugafungura byinshi

satani yigutegera kunzara ngo akubuze gusenga .
ye kugutegera ko ibibazo bibaye byinshi ngo akubuze gusenga yigutegera kuburwayi cg ngo urangarire abari kurwara ngo akubuze gusenga.Imana yacu uko ubayeho irakuzi Za uko uri .

igicaniro cy imibavu nticyaga kizima umwotsi n umwuka uhumura neza byahoraga binyura muri kakenge bikagera ahera cyane

niko natwe dusabwa guhora tuzamura imibavu ihumura neza iminwa yacu Imana yatwihereye mureke tuyikoreshe neza kandi igihe cyose itubere umwenge unyuramo ibinezeza Uwiteka muze ducane cyanee umuriro w’amasengesho kdi uhore waka kugirango igihe cyose niyo hagira ibidutera biturwanya duhite tubitwika tubizamurire mu Ruganda rutunganyirizwamo amasengesho y abera yewe nshuti *nubwo ugoswe impande zose umuti nuyu nuwo gusenga cyanee* maze umuriro ukaka ugatwika mw’izina rya Yesu, isi iragoswe ariko Aho kuvuga menshi dusenge menshi

biragoye gucana muri iki gihe ariko Imana izabana natwe yiheshe icyubahiro nitugira umwete wo kuyegera no gushaka ubwiza bwayo

burya satani nawe arabizi ko ibanga rikomeye ryo kwaka kumuriro wamasengesho kuritwe.
nubwo budahangarwa nuburinzi bizaturinda kwinjirirwa nibibonetse byose,kuko burya umuriro ntakijya gipfa kuwuhangara,kdi Imana yiteguye kuduha imbaraga z’umuriro .
Ahubwo muri iyi minsi muri wowe urumva ufite umuriro w’Umwuka Wera kuburyo ntabyashobora kuguhangara kubera Umuriro utwika ukurimo ? cg nawe ubwoba kutizera no kubura ibyiringiro byakubase biri kugutsikamira humura iyambure ikote ry Intege nke

Ariko Niba ntanibibazo ukaba ntabwoba utuje cg ukaba nta byifuzo warabimaze senga Imana kuko
ibikwiriye,
Ikindi ntakwibagirwa kubabwira ni uko dufite *umwanzi uturwanya,twagombye gusenga ngo tubone imbaraga zo kumunesha cyane muri iyi minsi

Yesu ubwo yari kw’isi yabonaga intambara ziyirimo, kandi yari azi ibanga ryihariye ryo kunesha n uzitera
Niko kuribwira intumwa ze aho Yagize ati :
*Nuko rero mujye muba maso, MUSENGE IMINSI YOSE kugira ngo mubone kurokoka ibyo byose byenda kubaho, no guhagarara imbere y’Umwana w’umuntu

Yavuze gusenga iminsi yose,si rimwe na rimwe kuko umwanzi wacu akora buri gihe! Nta Vacances nta repos
*Si ukunyuzamo ngo dusenge cg dusagurire Imana igihe

Reka nsoze mvuga ngo amasengesho niyo yonyine twanyuramo tukabona Imana
Mukomere
Donna Mma Vany