Bimwe mubiri mu gitabo cya Rusi, Igitabo cyigizwe n’ibice bine (4)

Igice cya 1 tugisangamo inkuru  zo gusuhuka ndetse no kugira  ibyago kwa  Nawomi ariko zigasozwa n’umumowabukazi Rusi  wafashe icyemezo gikomeye  mu gihe  gikomeye.

Ngo Rusi we amubaho akaramata ntibyoroshye, ntibikunze kubaho aho umuntu yizirika kumunyabibazo ariko Pawulo yasabiye abamuhanye n’abamusigiriye ndetse avuga ijambo rikomeye  ati ntibakabibarweho.

Rusi aramusubiza ati: “Winyinginga kugusiga, no gusubirayo ngo ne kugukurikira, kuko aho uzajya ari ho nzajya, kandi aho uzarara ari ho nzarara. Ubwoko bwawe ni bwo buzaba ubwoko bwanjye, Imana yawe ni yo izaba Imana yanjye, Rusi 1:16.

AMAGAMBO ANE (4) AKOMEYE RUSI YAVUZE

  1. Aho uzajya niho nzajya (binyibutsa abisiraheli bayoborwaga n’igicu ) ntibyoroshye kuyoborwa dukunda kwiyobora bijyanye n’irari ryacu ariko iyo wemeye ubuyobozi bw’Imana

Ugacyena ukemera

Ukababara ukemera

Ukihangana nyuma yaho uhura n’umucunguzi

Nyuma yo kwihanganira ibikugerageza

Nyuma yo kwihambira Ku Mana  ntuyirekure

Nyuma yo kwitwa umusazi

Nutagira ubwenge,

Nkwifurije guhura n’Imana

  1. Ijambo rya  kabiri Rusi yavuze aho  “uzarara niho nzarara”.

Kwemera  kurara aho  umupfakazi azarara ukiri muto uyu Rusi yari  yaramaramaje, icyi cyemezo kirakomeye yagombaga kubyara obedi sekuru wa  Dawidi.

Ijambo rya  3 ubwoko bwawe nibwo buzaba ubwanjye (ibi ntibyoroshye na gato aho  kubwo urukundo umuntu yemera kuva  mubyo amasekuruza agasa n’uhinduye identite  akitwa undi Bibiliya ibivuga ko cyera tutari ubwoko ariko ubu twahindutse ubwoko bw’Imana.

Imana ishimwe Rusi ava mu by’Abamowabu yita ku migenzo yabo ya cyera. uyu yagombaga guhura ni umucunguzi yarasize ikintu gikomeye  kinaniye abagenzi mu minsi  ya none.

Nibaza impamvu tudahura n’Imana ngasanga  hari ibyo tutasize

Hari ibyo tutemera gusiga,

Haribyo tugitengamatiye,

Haribyo tukikoreye,

Imana idufashe cyane

Ijambo rya  4. Imana yawe niyo izaba  Imana yanjye (iki kirakomeye nubwo Rusi mbere yasengaga kemoshi ariko aha arahinduye yizeye uwiteka.

Bene data ntugirengo biroroshye. Hahumbaga umunyamahanga nundi muntu  udafite uko yigire abandi nabo bari babizi ryari itegeko.

Yewe uri guhumba ihanganire mu isambu ry’umucunguzi araje  akurengere. Iri  jambo ryo guhumba ryanyibukije mbega guhumba weeeeeeee, hari igihe wahumbaga ukibiramo n’iwanyu cyangwa n’ibyabandi, hari n’igihe wahumbaga wagira amahirwe ukagwa aho  babisize byinshi.

Ariko Rusi arabikoze ibindi  byose arabiretse nubwo byasa nkibimugizeho ingaruka ariko kubw’urukundo yemeye kureka aha twigemo gusiga no gushaka igifite umumaro kurusha ibindi

 

Ubundi busobanuro kuburyo burambuye urabusanga kuri Fbk yacu yitwa Amasezerano