• Setup menu at Appearance » Menus and assign menu to Top Bar Navigation
AMASEZERANO.COM
  • Setup menu at Appearance » Menus and assign menu to Main Navigation
No Result
View All Result
  • Setup menu at Appearance » Menus and assign menu to Main Navigation
No Result
View All Result
AMASEZERANO.COM
No Result
View All Result
Ahabanza UBUHAMYA

Ubuhamya bwa Vuguziga Eric wabaye mu buzima bubi cyane, Imana ikamwigisha kubaka

amasezeranocom na amasezeranocom
01/02/2018
muri UBUHAMYA, UBUHAMYA BWANDITSE
0
0
Ubuhamya bwa Vuguziga Eric wabaye mu buzima bubi cyane, Imana ikamwigisha kubaka
0
Bayisangije
1k
Bayisuye
975

Nitwa VUGUZIGA Eric ndi umugabo ndubatse mfite umudamu n’abana 8 turitegura no kwibaruka undi wa 9. Nkaba nsengera ku mudugudu wa Munini, Paruwase ni Nyakabanda muri ADEPR. Turashimira Imana rero yagiye ibana natwe, twahuye n’intambara nyinshi ariko Imana ikajyenda iturengera.

Twavutse turi abana 9 ariko dukurira mu buzima bubi kuko ababyeyi bacu bari abakene basuzuguritse, dusa nk’abirera ariko mubana 9 twarakuze Imana yagiye itugirira neza n’ubwo byari bigoye.

Ngize imyaka 12 natandukanye n’ababyeyi njya kuba njyenyine, mpura n’ ubuzima bukomeye , burananira ngize imyaka 13 njya mu buzima bw’umuhanda mba mayibobo, sinarinkijijwe ariko numvagako Imana ifite umugambi mwiza ku muntu nk’uko yabibwiye Nehemiya ngo “yamumenye itaramurema.” nanjye numvagako ubuzima buzahinduka Imana ikamfasha.

Nakomeje ubwo buzima bwo mu muhanda ngira imyaka 20 nkiburimo.Nageze mu myaka 25 numva nshaka kuba umugabo ariko mu by’ukuri ntakintu nari mfite, natangiye kurambagiza umukobwa na we wari indaya kandi icyo gihe sinagiraga umwambaro n’inkweto ariko ku bw’amahirwe aza kunyemera , ni yo mpamvu navuze ngo Imana ituzi kuva kera kandi hari uko ibigenza kugirango imigamibi yayo isohore niyo yemeye ko tubana kugirango igihe nikigera tuzavuge gukomera kwayo.

Mu muryango iwacu bari Abadiventiste basenga ariko njye byari byarananiye kubera ubuzima bubi ariko nibukagako Imana ibasha gukura mu buzima bubi ikagushyira mu bundi, nkizerako Imana yabanye na ba data basengaga nanjye izangirira neza ikankura mu buzima bwa kimayibobo ikampa ubundi buzima bwiza.

Nashatse gipagani ariko nari mfite igitabo cy’indirimbo, nkaririmbira umugore wanjye n’ubwo nari umunyabyaha, nkanywa inzoga ariko namwumvishagako Imana ibasha gutabara. Nakundaga kuririmba indirimbo ya 21 mu gakiza ivuga ngo ‘Nimuze turebe imbere dutegereze igitondo arayikunda cyane akajya ansaba ko twakizwa naje kumwemerera turakizwa tukajya tujya gusenga kugirango turebako Imana yaduhindurira ubuzima.

Twamaze gukizwa noneho urugamba rurakomera ruruta urwa kimayibobo nabagamo, inzu nabagamo y’ibihumbi bibiri baranyirukana ariko Imana ikatubwira byinshi ko izaducisha mu ishuri kandi ko izatugirira neza. Haje undi muntu atwishyurira indi nzu y’ibihumbi bibiri, nayo baje kuyitwirukanamo.Narazerereye hose banyirukana ariko nari mfite ubuhamya bwiza banyirukana bakavuga ko ndi murokore Imana yanjye izangirira neza bakamparira umwenda wose, bakambwirako Imana izangirira neza. Ndagirango mbwire umuntu wese uri mu bigeragezo akomere kandi aharanire kugira ubuhamya bwiza imbere y’Imana n’abantu kandi ko Imana ariyo ifite itangira n’iherezo ry’ubuzima.

Twabaye muri ubwo buzima Imana ikomeza kuducisha mu ishuri ry’ibigeragezo kugirango nitubivamo tuzavuge gukomera kwayo.Twamaraga nka 3 tutarya, byanaboneka tukarya ubugari tukabukoza mu mazi twakaranze ariko nkibukako Imana yavuze ko iri kuducisha mu ishuri, nasenga ikambwirako izangirira neza ariko nareba ineza y’Imana nkayibura. Mu ubwo buzima bwo gupfundikanya ,ariko iyo wizeye ijambo Imana yavuze ntirihera byanze bikunze irarisohoza.

Madamu yasamye inda ya 1 tumubyara dufite igiceri cya 20 ntacyo kwambara yagiraga abyara umwana uhengamye umutwe kuko yambaraga ijipo agitwite. Nambaye ubusa, nagiraga ipantaro 1 n’ishati imwe nabyo najyanaga gusenga gusa, nta nkweto nagiraga uretse iyo imvura yagwaga madamu akajya muri ruhurura agatoragura ibikamambiri byazanywe n’amazi nkazambara zitanasa. Ariko nkomeza kubana n’Imana neza. Burya niba ubanye n’Imana neza ,Imana yagukomerekeje, Iyemeye ko ibyo bikugeraho niyo izakomora, niyo izagukura muri ubwo buzima urimo ikaguha ubundi bwiza.

Yabyaye umwana 2 amara iminsi 3 atarya atanywa mbona yapfuye, nagiye mu muhanda ntonganya Imana ariko ndimo ngenda mbona akantu k’agapapuro mbona n’inote y’ijana ndagenda mushakira icyo kurya arahembuka. Nshuti, nari mfite imbaraga ariko najya gushaka akazi nkakaburira aho abandi bakaboneye , Imana yo ikambwirako inshaka munzu yayo.Twabyaye umwana wa 3, uwa 4, uwa 5 ,6 tukiri muri ubwo buzima, abo bose ibyo kurya bari bazi ni amazi akaranze n’ubugari nabyo bikaza nka manu. Twaryamaga kumbaho nta matela twagiraga ariko ndashimira Imana yampaye umudamu wihangana, wakomeye ku rugamba twarimo.

Ku mwana 7 Imana itubwirako igiye gutangira guhohoza amasezerano yagiranye natwe, n’ubwo nta buzima twari dufite,Yansuye mu nzozi inyigisha kubaka. Bakristo abantu bibwirako gutabarwa n’Imana bica mu bintu bikomeye ariko iyo igiye gutabara ntikoresha ingabo nyinshi ahubwo ica mu nzira zayo udatekereza ukabona iragutabaye.

Ikiraka nabonye cya mbere cyari icyo kubaka, ndubaka biremera, ubuzima butangira kuza nanjye ndya umuceri, ifiriti, ibishyimbo numva nshimye Imana. Buriya iyo Imana ikugerageje igutabara cyane. Nabonye ukuboko kwayo, kandi ntikunanirwa gukora n’ugutwi kwayo ntikujya kunanirwa kumva, Imana ishimwe cyane.

Nagiye kubona mbona Imana impaye akazi k’ibihumbi mana arindwi na makumyabiri (720000) ubuzima burakunda njya munzu noneho nziza imbwirako ntazongera gusohorwa munzu, kuburara, kubura icyo kwambara, ndetse ko izampa abana beza doreko abantu bari biteze kuzareba abana b’indaya na mayibobo uko bazaba bameze. Barakura bamera neza,babona amata , mbona ikweto n’imyambaro ikomeza kumbwirako izangirira neza. Kuko twaritwarabanye n’umufasha wanjye bitemewe mbwira Imana ko nshaka gukora ubukwe, imbwirako izankorera ubukwe ,nuzura kwizera. Abantu bambaza icyo mfite nkababwirako mfite Imana, irabukora bwose “Mu mana byose biremera” abantu bagenda bantwerera amafaranga kandi menshi,Imana idukorera ubukwe bwakataraboneka.

Mwenedata komera, Imana yavuze ni Imana humura niyo kwizerwa kandi izabisohoza uko yabivuze. Imana yakoze imirimo, yampaye aho kuba , intebe, televiziyo kandi iracyakomeje gukora ,yampaye amashuri y’abana. Nawe rindira Imana wihanganye iyagushyize aho uri ni yo izahagukura kuko iyo ije ihindura byose.

Mbifurije umugisha w’Imana no guhirwa na Yo .Wifuza ko twagufasha gusenga wahamagara nimero 0788286142 cyangwa 0722286142
Yesu abahe umugisha!

Umuryango wa Vuguziga Eric, Imana imaze kuwagura

Umugore n’abana
Abana ba Vuguziga


SRC: AGAKIZA.ORG

Ibiherukaa

"Calvary tour" yateguwe n’ umuramyi Danny Mutabazi ubu igiye gukomereza i Nyabihu

Ibikurikira

Korali Holy Nation mu myiteguro y’igiterane batumiwemo na korali La Source y’i Rubavu

inyigisho

Ubuhamya bwa Maman Domitila Nabibone (Igice cya 4)
UBUHAMYA BWANDITSE

Ubuhamya bwa Maman Domitila Nabibone (Igice cya 4)

16/02/2020
UBUHAMYA BWA MMA DOMITILLA WPFUYE AMARA IMINSI 4 ARAZUKA
UBUHAMYA BWANDITSE

UBUHAMYA BWA MMA DOMITILLA WPFUYE AMARA IMINSI 4 ARAZUKA

15/02/2020
Pastor Christopher yongeye kuba muzima nyuma yo kumara igihe muri koma
UBUHAMYA BWANDITSE

Pastor Christopher yongeye kuba muzima nyuma yo kumara igihe muri koma

11/02/2020
UBUHAMYA BWA MMA DOMITILLA WPFUYE AMARA IMINSI 4 ARAZUKA
UBUHAMYA BWANDITSE

Ubuhamya Bukomeye bwa Maman Domitila Nabibone (igice cya2 )

22/01/2020
UBUHAMYA BWA MMA DOMITILLA WPFUYE AMARA IMINSI 4 ARAZUKA
UBUHAMYA BWANDITSE

Ubuhamya bwa Mma Domitilla Nabibone ( igice cya mbere )

22/01/2020
Bansasiye Nyabingi ziraniga ariko hamwe no gusenga nza gukira: Nyirabangamwabo Claudine
UBUHAMYA

Bansasiye Nyabingi ziraniga ariko hamwe no gusenga nza gukira: Nyirabangamwabo Claudine

03/01/2020
Ibikurikira
Korali Holy Nation mu myiteguro y’igiterane batumiwemo na korali La Source y’i Rubavu

Korali Holy Nation mu myiteguro y’igiterane batumiwemo na korali La Source y’i Rubavu

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

  • Ibigezweho
  • Ibitekerezo
  • Ibiheruka
Amagambo 10 y’ihumure ku muntu uri mu ngorane

Amagambo 10 y’ihumure ku muntu uri mu ngorane

10/04/2018
UBURYO 11 IMANA IJYA IVUGANIRAMO N’ABANTU : INZOZI/ Past Gatanazi Justin

UBURYO 11 IMANA IJYA IVUGANIRAMO N’ABANTU : INZOZI/ Past Gatanazi Justin

19/06/2018
Promise Bible Center

KWIYANDIKISHA – PBC – Promo.10

17/01/2024
Promise Bible Center

Promotion PBC-0723-P8

16/10/2022
Hosiane kwakira inkuru y’incamugongo byaramugoye (Igice cya 1 cy’ubuhamya bwe)

Igice cya 2 cy’Ubuhamya bw’inzira igoye y’ubuzima bwa UWITONZE Hosiane

13
“IYO UZABA UKOMEYE W, IGISHWA N, ABARIMU BAKOMEYE KANDI IGIHE KIREKIRE “. IGICE CYA 2.(UBUZIMA BWA MOSE)/Ev. Kayiranga Deo

IYO UZABA UKOMEYE WIGISHWA AMASOMO AKOMEYE N, ABARIMU BAKOMEYE KANDI IGIHE KIREKIRE.,/Ev. Kayiranga Deo

7
Hosiane kwakira inkuru y’incamugongo byaramugoye (Igice cya 1 cy’ubuhamya bwe)

Hosiane kwakira inkuru y’incamugongo byaramugoye (Igice cya 1 cy’ubuhamya bwe)

7
“IYO UZABA UKOMEYE W, IGISHWA N, ABARIMU BAKOMEYE KANDI IGIHE KIREKIRE “. IGICE CYA 2.(UBUZIMA BWA MOSE)/Ev. Kayiranga Deo

“IYO UZABA UKOMEYE W, IGISHWA N, ABARIMU BAKOMEYE KANDI IGIHE KIREKIRE “. IGICE CYA 2.(UBUZIMA BWA MOSE)/Ev. Kayiranga Deo

7
Urukundo rw’Imana – Pst Mugiraneza J. Baptiste

Urukundo rw’Imana – Pst Mugiraneza J. Baptiste

05/05/2025
PBC Graduation: Amafoto

PBC Graduation: Amafoto

11/03/2025
Humura Uwiteka aragukunda cyane – Pst Mugiraneza J Baptiste

Yesu ntazakureka – Pst Mugiraneza J. Baptiste

23/01/2025
Witandukanye n’imirimo y’umwijima – Ev. Pacific Faida

Witandukanye n’imirimo y’umwijima – Ev. Pacific Faida

23/01/2025

Dukurikire

  • 1.3k Fans
  • 10 Followers
  • 1 Followers

Soma n'ibi

Urukundo rw’Imana – Pst Mugiraneza J. Baptiste

Urukundo rw’Imana – Pst Mugiraneza J. Baptiste

05/05/2025
PBC Graduation: Amafoto

PBC Graduation: Amafoto

11/03/2025
Humura Uwiteka aragukunda cyane – Pst Mugiraneza J Baptiste

Yesu ntazakureka – Pst Mugiraneza J. Baptiste

23/01/2025
Witandukanye n’imirimo y’umwijima – Ev. Pacific Faida

Witandukanye n’imirimo y’umwijima – Ev. Pacific Faida

23/01/2025

Abo turibo

AMASEZERANO.COM

Amasezerano ni urubuga rwa Gikristo rw'ivugabutumwa. Intego yacu iri mu Abafilipi 1:6

IBIRIMO

Dukurikire kuri Facebook

  • Setup menu at Appearance » Menus and assign menu to Footer Navigation

© 2025 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result

© 2025 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

 

Loading Comments...