UBUNTU NI UBUMUNTU

Imig 11:24-25

Hari umuntu utanga akwiragiza, Nyamara akarushaho kunguka. Kandi hari uwimana birenza urugero, Ariko we bizamutera ubukene gusa. Umunyabuntu azabyibuha, Kandi uvomera abandi na we azavomerwa.

Ugira ubuntu ngo azabyibuha Uyu mubyibuho ntuwitiranye n’ubunini bw’umubiri nubwo nabwo ntacyo butwaye, ahubwo ni ukugira umutima UNEZEREWE kandi WAGUTSE muyandi magambo ni ukubyibuha imbere

Ibintu ukwiye kwigira muri iki cyanditswe:

Kugira ubuntu bishobora kuvura indwara y’umutima

Kugira ubuntu ni ukwiteganyiriza kwiza kuko inyiturano iva ku muremyi wa twese.

Umunyabuntu ntahorana urwikekwe kuko Naho yagambanirwa Imana iramurokora

Kugira ubuntu bizana Ubukire, niyo butagaragara ntibibuza ko buba buhari

Umunyabuntu ntajyabuririza icyo atanga, niyo afite duke ntaturya wenyine

Nubwo ukunda gutanga ashobora kubirwanirizwamo, ariko icyo ijambo rimuvugaho amaherezo kirasohora.

Ese wowe, uratanga? Niba ari yego komeza, niba ari Hoya byige kuko bigufitiye inyungu

Ubuntu ni Ubumuntu

Pastor viva,
POWER OF CHANGE MINISTRIES