• Setup menu at Appearance » Menus and assign menu to Top Bar Navigation
AMASEZERANO.COM
  • Setup menu at Appearance » Menus and assign menu to Main Navigation
No Result
View All Result
  • Setup menu at Appearance » Menus and assign menu to Main Navigation
No Result
View All Result
AMASEZERANO.COM
No Result
View All Result
Ahabanza IJAMBO RY'UMUNSI

Umutima urakunze ariko umubiri ufite intege nke

Kwizera Janvier na Kwizera Janvier
23/03/2019
muri IJAMBO RY'UMUNSI
0
0
Umutima urakunze ariko umubiri ufite intege nke
0
Bayisangije
1k
Bayisuye
1,764

Mat.26: 40. Agaruka aho abigishwa bari asanga basinziriye, abaza Petero ati “Harya ntimubashije kubana maso nanjye isaha imwe? 41. Mube maso, musenge mutajya mu moshya. Umutima ni wo ukunze, ariko umubiri ufite intege nke.”

Hari igihe umuntu aba ashaka gukiranuka, yumva ashaka kuba umukristu mwiza umutima we ubishaka rwose ariko umubiri ukamunanira neza ukamurusha imbaraga, abakristu benshi nibwo buzima biberamo. ikizakubwira umuntu umeze gutyo: arasenga buri cyumweru ntasiba murusengero, mumasengesho ntasiba, yemwe yagira n’imirimo mu itorero: ari umuririmbyi,yitanga cyane,…… ariko akaba afite ibyaha byamunaniye kureka, uzasanga hari umuntu utangira umwaka yihana gusambana ariko umwaka ugashira agatangira undi akibikora. impamvu itera ibyo byose ntayindi: mumutima we aba yumva ashaka gukiranuka ashaka kureka ibyaha ariko imbaraga z’umubiri we ari nke cyane

Yesu nawe ibyamubayeho bisa nabyo: yumvaga ashaka kudupfira ariko akumva imbaraga ze ari nke akumva kujya kumusaraba atazabibasha, ibyo nibyo byatumye azamuka umusozi maze yinginga abigishwa b’inkoramutima ze ngo bafatanye gusenga, Yesu ajya mugashyamba Getsimane gusenga, ngo arasenga agaruka ubugira 3 kose asanga babigishwa be bisinziriye ntacyo bibabwiye, arababaza ati: ntacyo bibabwiye ko umutima ariwo ukunze umubiri ukaba ufite intege nke? ati basi mwihangane mubane maso nanjye isaha imwe gusa dusenge!

ibyo ntibabyumva nubwo babimwemereye, agarutse asanga baracyasinziye (hari abantu bibera mubuzima bwo gutanga ibyifuzo ngo babasengere bo batisengera, ndabikubwiye nutisengera amasengesho y’abandi ntaho azakugeza).

Yesu ntiyita kubigishwa bamutereranye: ngo arakomeza arasenga, kugeza ubwo ibyuya bye byahindutse nk’amaraso. Nabera sindabona umuntu aho asenga hakaza amaraso mukimbo cy’ibyuya.

nshuti yanjye muvandimwe, nubona icyaha cyarakunaniye kukireka, ugahora wihana gusambana ariko ukanga ugakomeza kubikora, ugahora wihana kwiba ariko ugakomeza kwiba, ugahora wihana kubeshya ariko ukanga ugakomeza kwiba,…….. ntuzicare ngo utuze bikimeze gutyo, kuko nukomeza kubyicarana gutyo amaherezo uzabura ubugingo neza! Ugomba gufatira urugero kuri Yesu nawe ugasenga kabone nubwo haza amaraso mukimbo cy’ibyuya ariko ukabona imbaraga zo kunesha.

Reka nkubaze: iyo imbaraga za Yesu zikomeza kuba nke umutima ugakomeza ugakunda ariko umubiri ugakomeza ukagira intege nke, agatinya kujya kumusaraba ingaruka zari kubaho ni izihe? iyo imbaraga za Yesu zikomeza kuba nke agatinya kujya kumusaraba byari kurangira tudacunguwe, ibyo gucungurwa byari kuba birangiye.

icyo bisobanuye ni iki rero: nawe umubiri wawe nukomeza kugira intege nke, ugakomeza ugasambana, ukiba, ukabeshya,…….. nubwo umutima wawe ukunze gukiranuka, nubwo uhora murusengero….. nutabona imbaraga zo kunesha ibyo byaha uhoramo ntakabuza uzapfa rubi nk’abatarigeze kugera murusengero.

Luka 22:43.Marayika uvuye mu ijuru aramubonekera, amwongera imbaraga44.kuko yari ababaye bikabije, asenga cyane, n’ibyuya bye byari bimeze nk’ibitonyanga by’amaraso bitonyanga hasi.

Ndagirango tugire umwete wo kwegera Imana, ntiturambirwe gusenga, ntiturambirwe gusaba Imana imbaraga,…. tugire umwete wo gusenga kabone nubwo twabira amaraso mukimbo cy’ibyuya ariko tuneshe ibishaka kutubuza ubugingo. Reba ko nawe ntabyaha byakunaniye kureka, nyamara izina ry’ubukristu urarisazanye! Ihererane n’Imana uyisabe imbaraga zo kunesha, ni ukuri ntago izazikwima kuko icyatumye itanga umwana wayo nukugirango njye nawe tubone ubugingo

mwakoze gukurikira ijambo ry’Imana, Uwiteka abongerere imbaraga zo kunesha, ndabakunda cyane!

 

Umwigisha: Ev. J.Paul Munyeshyaka

Ibiherukaa

Imana ijya itanga ibishyitse

Ibikurikira

Urasabwa imbaraga nyinshi

inyigisho

Urukundo rw’Imana – Pst Mugiraneza J. Baptiste
IJAMBO RY'UMUNSI

Urukundo rw’Imana – Pst Mugiraneza J. Baptiste

05/05/2025
Humura Uwiteka aragukunda cyane – Pst Mugiraneza J Baptiste
IJAMBO RY'UMUNSI

Yesu ntazakureka – Pst Mugiraneza J. Baptiste

23/01/2025
Nturebe k’ubwinshi cyangwa ku mbaraga z’ibikurwanya ahubwo uhe agaciro Uwiteka murikumwe
IJAMBO RY'UMUNSI

Humura Uwiteka ari hafi yawe – Pst Mugiraneza J. Baptiste

14/01/2025
Komeza wegere Imana udatinya kuko gusenga kwawe kuyigeraho – Pst Mugiraneza J. Baptiste
IJAMBO RY'UMUNSI

Komeza wegere Imana udatinya kuko gusenga kwawe kuyigeraho – Pst Mugiraneza J. Baptiste

11/01/2025
Witinya kuko Uwiteka Imana abana nawe ibihe byose – Pst Mugiraneza J. Baptiste
IJAMBO RY'UMUNSI

Ujye wibuka ko Uwiteka ahari – Pst Mugiraneza J. Baptiste

04/01/2025
Ukuboko kwiza kw’Imana gutangaje kube ku buzima bwawe – Pst Mugiraneza J. Baptiste
IJAMBO RY'UMUNSI

Ukuboko kwiza kw’Imana gutangaje kube ku buzima bwawe – Pst Mugiraneza J. Baptiste

03/01/2025
Ibikurikira
Urasabwa imbaraga nyinshi

Urasabwa imbaraga nyinshi

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

  • Ibigezweho
  • Ibitekerezo
  • Ibiheruka
Amagambo 10 y’ihumure ku muntu uri mu ngorane

Amagambo 10 y’ihumure ku muntu uri mu ngorane

10/04/2018
UBURYO 11 IMANA IJYA IVUGANIRAMO N’ABANTU : INZOZI/ Past Gatanazi Justin

UBURYO 11 IMANA IJYA IVUGANIRAMO N’ABANTU : INZOZI/ Past Gatanazi Justin

19/06/2018
Promise Bible Center

KWIYANDIKISHA – PBC – Promo.10

17/01/2024
Promise Bible Center

Promotion PBC-0723-P8

16/10/2022
Hosiane kwakira inkuru y’incamugongo byaramugoye (Igice cya 1 cy’ubuhamya bwe)

Igice cya 2 cy’Ubuhamya bw’inzira igoye y’ubuzima bwa UWITONZE Hosiane

13
“IYO UZABA UKOMEYE W, IGISHWA N, ABARIMU BAKOMEYE KANDI IGIHE KIREKIRE “. IGICE CYA 2.(UBUZIMA BWA MOSE)/Ev. Kayiranga Deo

IYO UZABA UKOMEYE WIGISHWA AMASOMO AKOMEYE N, ABARIMU BAKOMEYE KANDI IGIHE KIREKIRE.,/Ev. Kayiranga Deo

7
Hosiane kwakira inkuru y’incamugongo byaramugoye (Igice cya 1 cy’ubuhamya bwe)

Hosiane kwakira inkuru y’incamugongo byaramugoye (Igice cya 1 cy’ubuhamya bwe)

7
“IYO UZABA UKOMEYE W, IGISHWA N, ABARIMU BAKOMEYE KANDI IGIHE KIREKIRE “. IGICE CYA 2.(UBUZIMA BWA MOSE)/Ev. Kayiranga Deo

“IYO UZABA UKOMEYE W, IGISHWA N, ABARIMU BAKOMEYE KANDI IGIHE KIREKIRE “. IGICE CYA 2.(UBUZIMA BWA MOSE)/Ev. Kayiranga Deo

7
Urukundo rw’Imana – Pst Mugiraneza J. Baptiste

Urukundo rw’Imana – Pst Mugiraneza J. Baptiste

05/05/2025
PBC Graduation: Amafoto

PBC Graduation: Amafoto

11/03/2025
Humura Uwiteka aragukunda cyane – Pst Mugiraneza J Baptiste

Yesu ntazakureka – Pst Mugiraneza J. Baptiste

23/01/2025
Witandukanye n’imirimo y’umwijima – Ev. Pacific Faida

Witandukanye n’imirimo y’umwijima – Ev. Pacific Faida

23/01/2025

Dukurikire

  • 1.3k Fans
  • 10 Followers
  • 1 Followers

Soma n'ibi

Urukundo rw’Imana – Pst Mugiraneza J. Baptiste

Urukundo rw’Imana – Pst Mugiraneza J. Baptiste

05/05/2025
PBC Graduation: Amafoto

PBC Graduation: Amafoto

11/03/2025
Humura Uwiteka aragukunda cyane – Pst Mugiraneza J Baptiste

Yesu ntazakureka – Pst Mugiraneza J. Baptiste

23/01/2025
Witandukanye n’imirimo y’umwijima – Ev. Pacific Faida

Witandukanye n’imirimo y’umwijima – Ev. Pacific Faida

23/01/2025

Abo turibo

AMASEZERANO.COM

Amasezerano ni urubuga rwa Gikristo rw'ivugabutumwa. Intego yacu iri mu Abafilipi 1:6

IBIRIMO

Dukurikire kuri Facebook

  • Setup menu at Appearance » Menus and assign menu to Footer Navigation

© 2025 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result

© 2025 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.