• Setup menu at Appearance » Menus and assign menu to Top Bar Navigation
AMASEZERANO.COM
  • Setup menu at Appearance » Menus and assign menu to Main Navigation
No Result
View All Result
  • Setup menu at Appearance » Menus and assign menu to Main Navigation
No Result
View All Result
AMASEZERANO.COM
No Result
View All Result
Ahabanza AMAKURU ANYURANYE

Hosiane kwakira inkuru y’incamugongo byaramugoye (Igice cya 1 cy’ubuhamya bwe)

Admin na Admin
05/03/2018
muri AMAKURU ANYURANYE, UBUHAMYA, UBUHAMYA BWANDITSE
0
7
Hosiane kwakira inkuru y’incamugongo byaramugoye (Igice cya 1 cy’ubuhamya bwe)

UWITONZE HOSIANE

0
Bayisangije
1k
Bayisuye
13,565

Yesu ashimwe!

Amazina yange nitwa UWITONZE HOSIANE. Nkaba mvuka mu muryango w’abana umunani (8) abahungu batanu (5) n’bakobwa batatu (3) nkaba arijye muhererezi iwacu.

Ubuhamya bw’Uwitonze burimo ibice 2:

Igice cya mbere gishingiye kubuzima yabayemo atarakira Yesu nk’Umwami n’umukiza w’ubugingo bwe.

Igice cya kabiri kivuga ku buzima yabayemo ndetse n’ubwo abayemo nyuma yo gukora accident ikomeye n’ukuntu Imana yabanye nawe kandi ikaba ikibanye nawe kugeza uyu munsi.

Kurikira igice cya mbere:

UWITONZE HOSIANE

UWITONZE HOSIANE aragira ati: “Rero nkuko twese tuzi amateka yaranze igihugu cyacu (Genocide yakorewe abatutsi mu w’1994) naje kwisanga ndi na Maman na mukuru wanjye aribo nasigaranye nabi, abandi bavandimwe ndetse na papa barapfuye muri Genocide.

Nyuma ya genocide twabayeho mu buzima butari bworoshye ubuzima bw’ubupfubyi mbese ntago byari byoroshye twabanaga nibikomere byo mu mutima kuruhande rwa maman ndetse no kuruhande rwacu ntago byari byoroshye. Ariko ndashima Yesu ujya ubasha komora ibikomere byo mu mitima.

Nsubiye inyuma gato, mukumenya ubwenge nisanze naravukiye mu muryango wa gikristo nasanze maman ayobora itorero ry ‘Anglican ari naryo torero nakuriyemo. Mbese nari umwana wo mwitorero. Maman wacu yakundaga Imana cyanee !no mubyo yatwigishaga byose yatubwiraga gukunda Imana ndetse no kuyikorera, akatwibutsa ukuntu Imana yabanye natwe mu bihe bikomeye.

Rero naje kujya kwiga secondaire nakomeje nkuko nari narabitojwe na maman ariko njyeze mu wa kabiri (2) gusenga no kuba muri korali ndabireka, mbese nasubiraga ku murongo aruko ngeze mu rugo mu biruhuko (vacance) kubera igitsure cya maman, nasubira ku ishuri nkabireka ariko umutima ukandya nakibuka amagambo mama yabaga yambwiye njya ku ishuri nkasubira muri korali ariko nkongera nkabireka. Ariko impamvu y’ibyo byose nari ntarasobanukirwa neza, arko ndashima Yesu ko yampaye ku musobanukirwa neza bitandukanye nkuko nari muzi..

Naje kurangiza nkimeze gutyo, nubwo narinaravutse mu muryango w’abakristo ariko numvaga ntazi ibyo ndimo, narakomeje mba muri cya kinyenga cyuko iwacu turi abakristo n’uwambonaga wese yabonaga ndi umukristo kuko naritondaga ariko mu byukuri sinari we.

Nakomeje superieur ndiga neza ntakibazo . Ariko maman yakomezaga kunyibutsa ya magambo ko ngomba gukunda Imana cyane kuko ariyo yabanye natwe mubihe bikomeye twanyuzemo. Ntakindi kintu yambwiraga mbere yuko mva murugo njya ku ishuri.

Ngeze mu wagatanu naje guhura n’ubuzima bwangoye ku bwakira, Maman wange nabonagamo byose yaje kurwara uburwayi bukomeye aza kwitaba Imana, kubura mama biri mu bintu bya babaje umutima wanjye kuko nakundaga maman wanjye cyane, Kuko ariwe nakuze mbona namubonagamo byose. Rero kwakira ubuzima nari ngiye kubaho nta maman byarangoye cyane kuko nari umutesi bikabije .

Mukuru wanjye ntiyari akiba murugo, yari yarashatse umugabo murumva nari nsigaye njyenyine..ubuzima burambihana, ibikomere rero biriyongera. Natekereza ubuzima ngiye kubamo nkumva si mbushyikira birangora kubwakira kuko numvaga ntabaho nta maman. Numvaga byanze bikunze ishuri ngomba kurivamo kuko numvaga ntazabishobora.

Natekereza kuba munzu ya ngenyine nkumva sinzabishora kandi nkumva nta handi hantu najya kuba nkumva iwacu sinahasiga.

Ariko nubwo nabanaga nibyo bikomere nta muntu wabashaga kubimenya kuko narenzagaho ntihagire ubimenya.

Naje gufata yuko nta famille ngomba kujya kubamo , ntangira kuba murugo njyenyine ndabimenyera rwose. Nkomeza no kwiga nubwo byari bigoye ndiga ndarangiza Imana impa na diplome.

Nasoje secondaire njya mubuzima busanzwe nubwo nabwo butari bworoshye nagato ariko Imana ikomeza kubana nanjye.

Nsubiye inyuma gato mama amaze gupfa nkasigara njyenyine. Naje kubona ntaho nsigaye natangiye gusenga Imana bimvuye ku mutima mbwiza Imana ukuri kumutima wanjye ari nabwo naje kwakira Yesu nk’umwami nu mukiza wanjye.kdi kuva namwakira numva numva umutima wanjye unezerewe .

Nsoza igice cya mbere ndashima Imana yabanye nanjye murubwo buzima butari bworoshye ndashima Yesu wanjye ko ya ndwaniye ishyaka .

 

Tubararikiye gukurikira igice cya kabiri cy’ubuhamya bwe ubutaha…

Ibiherukaa

Wineshwa n’ikibi, Neshesha ikibi icyiza

Ibikurikira

Kundisha Imana umutima wawe wose

inyigisho

PBC Graduation: Amafoto
AMAKURU ANYURANYE

PBC Graduation: Amafoto

11/03/2025
Yesu umbereye maso – Dr. Fidèle MASENGO
AMAKURU ANYURANYE

Yesu umbereye maso – Dr. Fidèle MASENGO

16/06/2023
Kubaho kwawe si impanuka – Pst Mugiraneza J Baptiste
AMAKURU ANYURANYE

Kubaho kwawe si impanuka – Pst Mugiraneza J Baptiste

13/06/2023
Imana ije kugusubiza agaciro wambuwe – Ev. Ndayisenga Esron
AMAKURU ANYURANYE

Imana ije kugusubiza agaciro wambuwe – Ev. Ndayisenga Esron

02/06/2023
Ukwezi twifuzamo impinduka – Dr. Fidèle MASENGO
AMAKURU ANYURANYE

Ukwezi twifuzamo impinduka – Dr. Fidèle MASENGO

02/06/2023
Gukira Ibikomere No Kwiyunga
AMAKURU ANYURANYE

Gukira Ibikomere No Kwiyunga

13/04/2023
Ibikurikira
Kundisha Imana umutima wawe wose

Kundisha Imana umutima wawe wose

Ibitekerezo 7

  1. Odette says:
    7 years Hahise

    Urakoze cyane Imana iguhe umugisha kubwo kuduha ubuhamya burigisha Hashimwe Yesu waguhaye kumumenya burya kumusobanukirwa ni ubuntu bukomeye

    Reply
  2. Nkundabagenzi Gad says:
    7 years Hahise

    Imana ishimwe ko waje gukizwa

    Reply
  3. ZIRUGURU says:
    7 years Hahise

    hosiane ubuhmya bwawe buteye agahinda rwose
    kuba waraciye mubikomeye nkibi ariko ukaba ukomeye mumutima
    mfatanije nawe gushima Imana yomora ibyo bikomere

    Reply
  4. Théoneste says:
    7 years Hahise

    Uretse Imana gusa niyo yonyine ibasha gukora kumutima ikomora ibikomere duterwa na satani abinyujije mu isi

    Reply
  5. Harerimana Jean Paul says:
    7 years Hahise

    Hosiane ubunibwo mbonye umwanya, gusa kwihangana bitera kunesha ,hashimwe yezu umwami n, umukiza kuko n’umukozi w’umuhanga, Imana ijye idushoboza kukuba hafi.Nyagasani yezu nabane nawe.

    Reply
  6. MURASHI Theodore says:
    7 years Hahise

    Imana ishimwe cyane, IMANA irahambaye aho ababyeyi bataba Imana irahaba ikaturengeta nukuri, nibutse muri Lyce de Rusumo burya bwose umutima w’umuntu ubika byinshi

    Reply
  7. Ruzige Olivier says:
    7 years Hahise

    Imana ihabwe icyubahiro Yuko ijya yemera ko ibyo bitubaho yarangiza ikahaturindira! Icyubahiro ni cyawe Mana!!!!!!

    Reply

Leave a Reply to Harerimana Jean Paul Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

  • Ibigezweho
  • Ibitekerezo
  • Ibiheruka
Amagambo 10 y’ihumure ku muntu uri mu ngorane

Amagambo 10 y’ihumure ku muntu uri mu ngorane

10/04/2018
UBURYO 11 IMANA IJYA IVUGANIRAMO N’ABANTU : INZOZI/ Past Gatanazi Justin

UBURYO 11 IMANA IJYA IVUGANIRAMO N’ABANTU : INZOZI/ Past Gatanazi Justin

19/06/2018
Promise Bible Center

KWIYANDIKISHA – PBC – Promo.10

17/01/2024
Promise Bible Center

Promotion PBC-0723-P8

16/10/2022
Hosiane kwakira inkuru y’incamugongo byaramugoye (Igice cya 1 cy’ubuhamya bwe)

Igice cya 2 cy’Ubuhamya bw’inzira igoye y’ubuzima bwa UWITONZE Hosiane

13
“IYO UZABA UKOMEYE W, IGISHWA N, ABARIMU BAKOMEYE KANDI IGIHE KIREKIRE “. IGICE CYA 2.(UBUZIMA BWA MOSE)/Ev. Kayiranga Deo

IYO UZABA UKOMEYE WIGISHWA AMASOMO AKOMEYE N, ABARIMU BAKOMEYE KANDI IGIHE KIREKIRE.,/Ev. Kayiranga Deo

7
Hosiane kwakira inkuru y’incamugongo byaramugoye (Igice cya 1 cy’ubuhamya bwe)

Hosiane kwakira inkuru y’incamugongo byaramugoye (Igice cya 1 cy’ubuhamya bwe)

7
“IYO UZABA UKOMEYE W, IGISHWA N, ABARIMU BAKOMEYE KANDI IGIHE KIREKIRE “. IGICE CYA 2.(UBUZIMA BWA MOSE)/Ev. Kayiranga Deo

“IYO UZABA UKOMEYE W, IGISHWA N, ABARIMU BAKOMEYE KANDI IGIHE KIREKIRE “. IGICE CYA 2.(UBUZIMA BWA MOSE)/Ev. Kayiranga Deo

7
Urukundo rw’Imana – Pst Mugiraneza J. Baptiste

Urukundo rw’Imana – Pst Mugiraneza J. Baptiste

05/05/2025
PBC Graduation: Amafoto

PBC Graduation: Amafoto

11/03/2025
Humura Uwiteka aragukunda cyane – Pst Mugiraneza J Baptiste

Yesu ntazakureka – Pst Mugiraneza J. Baptiste

23/01/2025
Witandukanye n’imirimo y’umwijima – Ev. Pacific Faida

Witandukanye n’imirimo y’umwijima – Ev. Pacific Faida

23/01/2025

Dukurikire

  • 1.3k Fans
  • 10 Followers
  • 1 Followers

Soma n'ibi

Urukundo rw’Imana – Pst Mugiraneza J. Baptiste

Urukundo rw’Imana – Pst Mugiraneza J. Baptiste

05/05/2025
PBC Graduation: Amafoto

PBC Graduation: Amafoto

11/03/2025
Humura Uwiteka aragukunda cyane – Pst Mugiraneza J Baptiste

Yesu ntazakureka – Pst Mugiraneza J. Baptiste

23/01/2025
Witandukanye n’imirimo y’umwijima – Ev. Pacific Faida

Witandukanye n’imirimo y’umwijima – Ev. Pacific Faida

23/01/2025

Abo turibo

AMASEZERANO.COM

Amasezerano ni urubuga rwa Gikristo rw'ivugabutumwa. Intego yacu iri mu Abafilipi 1:6

IBIRIMO

Dukurikire kuri Facebook

  • Setup menu at Appearance » Menus and assign menu to Footer Navigation

© 2025 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result

© 2025 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

 

Loading Comments...